RURA yemeje ko hari ibibazo bya internet ya canalbox, itanga icyizere ku bakoresha.

0
42
Canalbox internet Rwanda

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko rufite amakuru ku bibazo bya internet biri kugaragara ku bakoresha serivisi za CanalBox, rukaba ruri kubikurikiranira hafi kugira ngo bishakirwe umuti urambye.

RURA yabigarutseho mu butumwa bwatangajwe kuri uyu wa 14 Mata 2026.

Mu itangazo yanyujijwe ku rubuga rwa X, RURA yatangaje ko icyo kibazo cya internet yakimenye kandi iri kugikurikiranira hafi kugira ngo gikemuke.

Ubutumwa bukomeza buti “RURA iramenyesheje ko ifite amakuru ku bibazo bya internet biri kugira ingaruka ku bakoresha serivisi za CanalBox. RURA iri gukurikirana hafi cyane iki kibazo kugira ngo gikemurwe neza kandi mu buryo burambye.”

Ni nyuma y’uko ikigo gikwirakwiza kikanacuruza internet ishingiye ku muyoboro wa ‘fibre optique’ mu Rwanda, CanalBox-Rwanda, yari itangaje ko yagize ikibazo kiri gutuma umuvuduko wa internet ugabanyuka.

Yagize iti “Bakiliya ba CanalBox, kuri ubu turimo guhura n’ikibazo cyabaye ku murongo umwe w’itumanaho dufatiraho (link), bishobora gutuma umuvuduko wa internet ugabanuka by’igihe gito. Abatekinisiye bacu bari gukora ibishoboka byose kugira ngo iki kibazo gikemuke vuba kandi serivisi isubire ku rwego rwiza.”

Bimwe mu bibazo byabaye kuri internet ya Canalbox birimo kugenda gake, kuvaho n’ibindi byagiye bikoma mu nkokora abafatabuguzi bayo.

Kugeza ubu CanalBox-Rwanda ifite amaduka 38 ikorana na yo arimo 30 yo mu Mujyi wa Kigali n’andi umunani yo mu Mujyi w’Akarere ka Rubavu.

Mu bisanzwe iki kigo gitanga ifatabuguzi ryo mu ngo riri mu byiciro bibiri ari byo ‘Start’ ryishyurwa 25.000 Frw ku kwezi.

Uwaguze Start umukiliya ahabwa internet idashira ikora ku muvuduko wa Mbps 50 (megabytes 50 ku isegonda), irindi rikaba ‘Premium’ rigurwa 40.000 Frw ku kwezi, umukiliya agahabwa internet ya mbere yihuta ku muvuduko wa (Megabytes 200 ku isegonda).

CanalBox isanzwe inatanga internet igenewe ibigo bito n’ibiciriritse (SMEs) ndetse ikanagira n’indi yagutse cyane kurushaho igenewe ibigo binini.

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here